Urukiko rw’Umurimo rwa Paris rwahanishije ikipe ya Paris Saint-Germain gutanga akayabo ka miliyoni 70$ (asaga miliyari 102 Frw) kubera kutubahiriza ibikubiye mu masezerano bagiranye na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa Kylian Mbappé ubwo yabakiniraga.
Mu mwaka ushize wa 2024, ni bwo PSG yarekuye uyu rutahizamu yerekeza muri Real Madrid, gusa ntibyarangirira aho kuko abahagarariye uyu mukinnyi mu by’amategeko bareze iyi kipe mu rukiko rw’umurimo mu Bufaransa.
Bayishinja kuba yaramwimye nkana umwanya wo gukina, no kumwigizayo imaze kumenya ko atazayongerera amasezerano, inamubuza kujyana n’abandi muri Asia ubwo biteguraga umwaka mushya w’imikino mu 2023.
Mbappe akimara kubona ko uwo mwaka uzamugora, yahisemo kuganira n’ikipe imusubiza mu bandi ndetse yongera guhabwa umwanya wo gukina.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 16 Ukuboza 2025 urukiko rw’umurimo rwategetse ikipe ya PSG kwishyura Kylian Mbappé miliyari 102 Frw nyuma yo gusanga itaramwishyuye imishahara y’amezi atatu ndetse n’uduhimbazamusyi tubiri.
Umunyamategeko wa Kylian Mbappé, Frederique Cassereau, yagaragaje ko bishimiye umwanzuro urukiko rwafashe.
Yagize ati: “Twanyuzwe n’icyemezo cyafashwe. Ibi ni byo twari twize igihe imishahara itishyuwe.”
Mbappé yamaze imyaka irindwi muri PSG, ayikinira imikino 308 ndetse ayitsindira ibitego 256.
Yayivuyemo nta kiguzi kimutanzweho, ajya muri Real Madrid imuhemba miliyoni 34$ buri mwaka.


